00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yagaragaje ko gutongana na Trump kutazabangamira umubano wa Amerika na Ukraine

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 March 2025 saa 10:29
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yatangaje ko umubano wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’igihugu cye uzakomeza kuba mwiza nubwo yatonganye na Donald Trump rukabura gica.

Trump yari yakiriye Zelensky mu biro bye, aho byari biteganyijwe ko baganira ku buryo intambara ya Ukraine n’u Burusiya yahagarara, gusa impande zombi ntizumvikanye kuko zateranye amagambo.

Perezida wa Amerika yabwiye Zelensky ko akwiye guca bugufi, na we amusubiza ko atazemera amasezerano y’amahoro yatuma Ukraine irekera u Burusiya ubutaka bwayo kandi bwarayiteye.

Trump yabwiye Zelensky ko adashimira Amerika ubufasha yahaye Ukraine mu bya gisirikare, nyamara ngo iyo itabuhabwa, u Burusiya buba bwaratsinze iyi ntambara ibyumweru bibiri byo mu 2022, Zelensky amusubiza ati “Putin we yavugaga iminsi itatu”.

Kuri gahunda y’uruzinduko rwa Zelensky harimo isinywa ry’amasezerano ya Ukraine na Amerika yo kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro ndetse n’ikiganiro n’abanyamakuru, gusa byose byasubitswe kuko Zelensky yasohowe mu biro by’Umukuru w’Igihugu.

Nyuma y’iki kiganiro, Zelensky yatangarije ikinyamakuru Fox News ko yubaha Trump n’Abanyamerika, ariko ko yagombaga gutanga ubutumwa bwe yeruye, kugira ngo Abanyamerika basobanukirwe neza ikibazo cya Ukraine.

Yagize ati “Nubaha Perezida n’Abanyamerika. Ntekereza ko dukwiye kwerura, tukaba inyangamugayo cyane, kandi sintekereza ko twakoze ikintu kibi. Nshaka kuba inyangamugayo kandi nshaka ko abafatanyabikorwa bumva neza ikibazo, sinshaka ko byose babyumva neza.”

Zelensky yatangaje ko ikiganiro kirimo kwerura n’ubunyangamugayo nk’icyo yaraye agiranye na Trump kitagamije gukuraho umubano mwiza uri hagati ya Ukraine na Amerika agaragaza ko nubwo bitagenze neza, yizera ko ibi bihugu bizakomeza kuba inshuti.

Nyuma y’uku gutongana, Donald Trump yatangaje ko Zelensky adashaka amahoro, bityo ko azasubira mu biro bye mu gihe azaba yemera ibyo asabwa kugira ngo intambara yo muri Ukraine ihagarare.

Donald Trump na Volodymyr Zelensky baraye batonganye bikomeye
Zelensky yagaragaje ko afite icyizere ko ikiganiro yagiranye na Trump kitazabangamira umubano wa Ukraine na Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .