00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zelensky yaciye amarenga ko atazemera amasezerano y’amabuye y’agaciro Amerika ishaka

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 March 2025 saa 05:49
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yaciye amarenga ko igihugu cye kitazemera amasezerano y’amabuye y’agaciro Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifuza kugirana na cyo.

Ubutegetsi bwa Trump bwagaragaje ko Abanyamerika bazakenera kubyaza umusaruro amabuye y’agaciro yo muri Ukraine kugira ngo Amerika yemere kuyirindira umutekano.

Zelensky yari yateguje ko ashobora kwemera aya masezerano, ariko mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kyiv ku wa 28 Werurwe 2025, yasobanuye ko Amerika yahinduye ibyari bikubiye mu busabe bwayo bwa mbere.

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko mbere yo gufata icyemezo ku busabe bushya bwa Amerika, abanyamategeko ba Ukraine bazabanza kugisuzuma. Gusa ntiyasobanuye impinduka zabayeho.

Zelensky yavuze kandi ko Ukraine itazemera amasezerano yabangamira ukwishyira hamwe kwayo n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), mu gihe ibihugu biwugize bikomeje kumushyigikira mu ntambara igihugu cye gihanganyemo n’u Burusiya.

Kuva iyi ntambara yatangira muri Gashyantare 2022, Amerika yahaye Ukraine inkunga ifite agaciro ka miliyari z’amadolari, irimo intwaro, ibikoresho bya gisirikare ndetse n’amafaranga yo kuyifasha kuzahura ubukungu.

Trump yagaragaje ko Ukraine ikwiye kwishyura Amerika aya mafaranga binyuze mu masezerano y’amabuye y’agaciro, gusa Zelensky yagaragaje ko bitazashoboka.

Zelensky yasobanuriye abanyamakuru ko Ukraine itazemera ko inkunga yo mu rwego rw’igisirikare Amerika yayemereye mbere ifatwa nk’inguzanyo igomba kwishyurwa.

Zelensky yatangaje ko abanyamategeko bazabanza gusuzuma ubusabe bushya bwa Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .