Uyu mugabo yavuze ko Ukraine yahoranye intwaro kirimbuzi ariko ikaza kuzisubiza mu maboko y’u Burusiya ubwo ibihugu byombi byari bimaze gutandukana, ashimangira ko izo ntwaro ’zakoraga nk’ubwirinzi bwacu.’
Zelenskyy yavuze ko ibihugu by’u Burayi bititwaye neza muri iyi ntambara, cyane ko kenshi byakunze kugenda biguru ntege mu gutera inkunga Ukraine, yiganjemo intwaro zikenewe ku rugamba.
Magingo aya, Ukraine ivuga ko yifuza kwinjira mu muryango w’Ubutabarane wa NATO, gusa iki cyifuzo ntabwo cyemeranywaho n’ibihugu binyamuryango.
Trump yavuze ko nagera ku butegetsi, azahita akora ibishoboka byose akarangiza intambara ikomeje guca ibintu hagati ya Ukraine n’u Burusiya, uretse ko uburyo azakoresha bukomeje kugibwaho impaka.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!