00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zabyaye amahari hagati y’abahungu ba David Beckham bapfa inkumi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 5 April 2025 saa 09:54
Yasuwe :

Brooklyn na Romeo Beckham, abahungu b’icyamamare muri Ruhago, David Beckham, bamaze igihe bashwanye kugeza ubwo bahagaritse no kuvugana bapfa inkumi yitwa Kim Turnbull.

Kim Turnbull ni umukunzi wa Romeo Beckham akaba ari na we nyirabayazana w’umwuka mubi uri hagati y’abahungu ba David Beckham, bamaze gushwana.

Amakuru yizewe yaturutse ku bantu bari hafi y’uyu muryango yatangarijwe TMZ, avuga ko uyu Kim Turnbull yahoze ari umukunzi wa Brooklyn Beckham nyuma batandukanye ahita atangira gukururukana na murumuna we, Romeo Beckham.

Uyu mubano wabo waje kuvamo no gukundana ndetse muri Nzeri ya 2024, Romeo yatangaje ko ari mu rukundo na Kim wahoze ari umukunzi wa mukuru we Brooklyn.

Ibi ntabwo byakiriwe neza na Brooklyn wahise atangira kurebana ay’ingwe n’umuvandimwe we, Romeo, yibaza icyatumye ajya gutereta inkumi yahoze nawe atereta.

Amakuru avuga ko Brooklyn yarakariye Romeo ndetse bombi batangira gushwana bya hato na hato kugeza aho umwe abwiye undi ko atagikeneye kumuvugisha, byose biturutse kuri iyi nkumi Kim Turnbull.

Ibi byagize ingaruka ku muryango wabo aho aba bahungu ba David Beckham basigaye banga kwitabira ibikorwa by’umuryango wabo, ku buryo umwe iyo yitabiriye undi asiba kugira ngo badahurira ahantu hamwe, cyane ko Romeo asigaye azana iyi nkumi mu muryango.

Mu minsi ishize ubwo David Beckham yakoraga ibirori by’isabukuru ye i Miami, Romeo yabyitabiriye ari kumwe na Kim, Brooklyn ntiyabyitabira. Byahise bivugwa ko icyatumye atitabira ari uko yangaga guhurira n’iyi nkumi mu birori bya se.

Daily Mail, yatangaje ko David Beckham n’umugore we, Victoria Beckham bari gushaka uko bakunga aba bahungu babo, gusa na none bakaba bafite impungenge ku kigenza Kim Turnbull uri kuzenguruka abahungu babo.

Abahungu ba David Beckham, Brooklyn na Romeo bamaze igihe badacana uwaka kubera inkumi
Romeo Beckham hamwe na Kim Turnbull wahoze ari umukunzi w’umuvandimwe we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .