00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yoon wakuwe ku butegetsi bwa Koreya y’Epfo yatangiye kuburana

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 20 February 2025 saa 03:39
Yasuwe :

Yoon Suk Yeol wegujwe ku mwanya wa Perezida wa Koreya y’Epfo yagejejwe mu rukiko rwa Seoul kugira ngo aburanishwe ku cyaha cyo gushishikariza abaturage kwigomeka ku rwego rwa Leta.

Ni icyaha gikomoka ku cyemezo Yoon yafashe cyo gutangaza ibihe bidasanzwe bya gisirikare tariki ya 3 Ukuboza 2024, cyatumye Inteko Ishinga Amategeko imweguza.

Kuri uyu wa 20 Gashyantare 2025, urukiko rurumva ubusabe bw’abanyamategeko ba Yoon bwo guhagarika ifungwa rye, aho bavuga ko yakozweho iperereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Harumvwa kandi ubuhamya bw’abashinja Yoon barimo Minisitiri w’Intebe wa Koreya y’Epfo, Han Duck-soo. Han na we yari yaragizwe Perezida w’agateganyo, ariko aregura nyuma yo gutakarizwa icyizere.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko uru rubanza rwakwihutishwa bitewe n’uburemere bw’iki cyaha ariko abanyamategeko ba Yoon bavuga ko bakeneye igihe gihagije cyo kwiga kuri dosiye.

Aba banyamategeko kandi bavuga ko Yoon atangaza ibihe bidasanzwe, atari agambiriye guhungabanya igihugu, ahubwo ngo yashakaga kubwira abaturage ko mu Nteko Ishinga Amategeko harimo abanyagitugu bo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Yoon afite urundi rubanza rujyanye no kweguzwa kwe ku butegetsi, ruzaba tariki ya 24 Werurwe 2025. Mu gihe rukiko rwashyigikira ko yeguzwa, hazategurwa amatora ya Perezida mu gihe kitarenze iminsi 60.

Imodoka y'ubururu yari itwaye Yoon yagejejwe ku rukiko rwa Seoul

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .