00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australie: Yaciye agahigo ko kumarana umutima w’umukorano iminsi 100

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 12 March 2025 saa 11:51
Yasuwe :

Umugabo w’Umunya-Australie w’imyaka 40 utashatse kumenyekana mu itangazamakuru, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere ku Isi umaranye igihe kinini umutima w’umukorano mbere yuko abona umuha undi mutima, aho yari awumaranye iminsi 100.

Uyu mugabo yashyizwemo uwo mutima mu gihe yari ategereje umuha undi, ariko binakorwa mu buryo bw’ubushakashatsi, harebwa niba icyo cyaba igisubizo ku mubare mu nini w’abarwara umutima ariko bakabura uwo gusimbuza uwarwaye.

Ibi byatangajwe n’ibitaro byabaze uyu mugabo byo muri Sydney byititriwe Mutagatifu Vincent ndetse na sosiyete yakoze uwo mutima yitwa BiVACOR, bivuga ko uyu mutima wabashije kumufasha kuguma ari muzima kugeza igihe aboneye undi mutima.

BiVACOR, Kaminuza ya Monash n’ibyo bitaro byatangaje ko uwo mugabo wagaragaje ibimenyetso byo guhagarara k’umutima muri Gashyantare 2025, amaze gushyirwamo uw’umukorano atangira gutora agatege.

BiVACOR yagaragaje ko ibi byabaye ari ikimenyetso cyiza ndetse n’igisubizo kubasanzwe bafite ibibazo by’indwara z’umutima, cyangwa abapfaga kubera gutinda kubona undi mutima wo gusimbuza uwarwaye.

Umunya-Australia usanzwe ari inzobere mu gukora ibikoresho byifashishwa mu buvuzi akaba na nyiri BiVACOR, Daniel Timms, yavuze ko yakoze uyu mutima nyuma yuko se yishwe n’umutima.

Yavuze ko we n’abo bakoranye bose bishimiye kubona umusaruro w’imbaraga zabo nyuma y’imyaka myinshi bakora kuri uwo mutima.

Yagize ati “Umurava wabo uzafasha abandi barwayi benshi kubona iri koranabuhanga ritabara ubuzima bwabo.”

Uyu mutima ukoze mu cyuma cya titanium kizwiho kugira ubudahangarwa butuma umubiri utagerageza kukirwanya, bigatuma gisimbura urugingo nta mpungenge.

Uyu mutima w’umukorano ukoze mu buryo ushyirwa mu mwanya usanzwe w’umutima ugakomeza akazi kawo ko kohereza amaraso mu mu bice bitandukanye by’umubiri.

Uwo mutima w'umukorano ufasha mu gusimbura usanzwe mu gihe wangiritse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .

Article (225526) Re-process this page