00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Volkswagen ishobora kwinjira mu byo gukora intwaro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 March 2025 saa 10:05
Yasuwe :

Uruganda Volkswagen rwo mu Budage ruzwiho gukora imodoka z’ubwoko butandukanye, rwatangaje ko rwiteguye gukora intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuyobozi Mukuru warwo, Oliver Blume, ubwo yavugaga ku mushinga w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wo kongera miliyari 800 z’Amayero mu mafaranga azashorwa mu gisirikare mu myaka ine.

EU yafashe icyemezo cyo kongera amafaranga ishora mu gisirikare nyuma y’aho Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika agaragaje ko ibihugu by’i Burayi bitita ku gisirikare cyane.

Blume yasobanuye ko Volkswagen iri gusuzuma ibikenewe mu rwego rw’igisirikare, kandi ko byose biri kuganirwaho, ati “Twiteguye kugira ibyo biganiro.”

Umuyobozi w’uruganda Rheinmettal rukora intwaro rukomeye mu Budage, Armin Papperger, yagaragaje ko ashyigikiye Volkswagen, asobanura ko byakoroha ko ishami rya Volkswagen riri muri Osnabrueck ryajya rikora intwaro.

Mu Ntambara ya Kabiri y’Isi, Volkswagen yakoraga imodoka za gisirikare zirimo iz’ubwikorezi n’izindi ntoya zitwara abasirikare zizwi nka Schwimmwagen. Yanakoraga ibigize misile ya V-1.

Volkswagen iri gutekereza kujya ikora intwaro n'ibindi bikoresho bya gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .