Ibi byagaragaye muri raporo yasohowe na Dr. Andrea ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, nyuma y’isuzuma ryizewe ryakozwe.
Nk’uko raporo z’abaganga zibigaragaza, Papa yari asanzwe arwara indwara z’ubuhumekero, umuvuduko w’amaraso ndetse na diabete yo ku rwego rwa II.
Urupfu rwe rwemejwe hifashishijwe uburyo bwo gupima umutima bwitwa ’electrocardiographic thanatography’. Dr. Andrea Arcangeli, yatangaje ati "Ndemeza ko icyateye urupfu, nkurikije uko mbizi kandi mbifitiye ubushishozi, ari icyavuzwe haruguru."
Urupfu rwa Papa Francis rwatangajwe mu gitondo cyo kuri wa Mbere wa Pasika Saa 7:35 aho Cardinal Kevin Farrell yashyize hanze itangazo rivuga ko Papa “yasubiye mu ngoro ya Data”.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!