00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi yasabye akazi mu ruganda rwo mu Bushinwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 March 2025 saa 11:49
Yasuwe :

Yves Camille Désiré Leterme wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi yatangaje ko yahoze ari umukozi w’uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga mu Bushinwa rwa Huawei aho akora nk’umujyanama.

Yves Camille Désiré Leterme ni umunyapolitiki ukomeye mu Bubiligi akaba n’Umuyobozi w’ishyaka rya Christian Democratic and Flemish.

Yabaye Minisitiri w’Intebe mu Bubiligi kuva muri Werurwe-Ukuboza 2008 ndetse yongera kwisubiza uwo mwanya kuva mu Ugushyingo 2009 kugeza mu Ukuboza 2011.

Akazi k’ubujyanama muri Huawei, Yves Camille Désiré Leterme yagahawe mu 2019. Yari ashinzwe gutanga ubujyanama bw’uko Guverinoma y’u Bubiligi ikora.

Icyakora uyu mugabo yagaragaje ko atigeze asabwa n’iki kigo cy’ikoranabuhanga kujya kukivuganira ku bayobozi bo mu Bubiligi ahubwo icyo yari ashinzwe kwari ugutanga inama z’uko iki gihugu cyo mu Burayi gikora harebwa uko Huawei yakwagura isoko ryayo.

Bijyana n’uko ibihugu byo mu Burengerazuba harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byakunze gukumira Huawei izizwa ko ifite aho ihuriye bya hafi n’u Bushinwa kandi ab’i Beijing bahora bahanganye n’abo mu Burengerazuba ku bintu bitandukanye bishingiye ku bukungu.

Nk’ubu, Huawei yamaze guhagarikwa muri Amerika.

Ni mu ruhererekane rw’ibihano bimaze igihe bifatirwa u Bushinwa bikozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho inganda zo mu Bushinwa zitemerewe kugura ibikoresho bimwe na bimwe byifashishwa mu nganda z’ikoranabuhanga.

Uko kubuza u Bushinwa kugura ibikoresho by’ingenzi byifashishwa mu nganda zikora telefone na za mudasobwa, byari bigamije guca intege icyo gihugu gikataje mu rugendo rw’ikoranabuhanga.

Huawei kandi ishinjwa kwifashisha abanyapolitiki bakomeye n’abagize Inteko zishinga Amategeko mu bihugu by’u Burayi kugira ngo bayivuganire ndetse ibyemezo bifatwa bijye biba bijyanye no kuyishyigikira.

Mu bakekwa guhabwa bene izo ndonke harimo na Yves Camille Désiré Leterme. Bivugwa ko Ubushinjacyaha bw’u Bubiligi bwatangiye gukora iperereza kuri uyu munyapolitiki nubwo amakuru y’ibanze atamuhamya ibyo byaha.

Yves Leterme wahoze ari Minisitiri w'Intebe w'u Bubiligi yasabye akazi mu ruganda rwo mu Bushinwa aragahabwa, atangira gukora nk'umujyanama ugaragaza imikorere ya Guverinoma y'u Bubiligi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .