00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwahoze ari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Amerika yashinje ubutegetsi bwa Trump ivangura

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 29 March 2025 saa 10:16
Yasuwe :

Ebrahim Rasool uherutse kwirukanwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo yari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo, yatangaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump bugira ivangura.

Uyu mudipolomate yavuye i Washington D.C mu cyumweru gishize nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, amwise umunyapolitiki wibasira ubwoko kandi wanga Amerika na Trump.

Ambasaderi Rasool yazize ko yari aherutse kuvuga ko Trump ayoboye umuryango w’abazungu bashaka gutegeka Isi, kandi ngo hari n’Abanyafurika y’Epfo bawurimo.

BBC yamubajije niba atekereza ko ubutegetsi bwa Trump bwaba bugira ivangura, asubiza ko byigaragaza. Ati “Ntekereza ko byigaragaza, bidasaba kubyerekwa.”

Yakoresheje imvugo isa n’ica umugani, ati “Iyo ubonye urubaho rufite ipata, utangira gukeka ko ari urugi”, mu gushimangira ko hari ibimenyetso byerekana ko Leta ya Amerika ifite ivangura.

Ambasaderi Rasool yafatiye urugero ku cyemezo Trump yafashe cyo kwirukana abimukira baba muri Amerika binyuranyije n’amategeko no kwambura ’Visa’ abanyeshuri bitabiriye imyigaragambyo ishyigikira Palestine.

Nyuma y’igihe gito Trump agiye ku butegetsi, yashinje Leta ya Afurika y’Epfo kwibasira abazungu batuyeyo, abasezeranya ko Amerika izabaha ubuhungiro mu gihe iki kibazo cyakomeza.

Ambasaderi Rasool yagaragaje ko amagambo ya Trump yuzuye ibinyoma, kuko kuva abarimo Nelson Mandela batangira kuyobora Afurika y’Epfo, ivangura rishingiye ko moko ryabaye amateka.

Ambasaderi Rasool yatangaje ko ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Trump bufite ivangura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .