00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Trump yateye utwatsi ibyo gufasha ingabo z’u Bwongereza zishobora koherezwa muri Ukraine

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 28 February 2025 saa 04:48
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko nta bufasha mu bya gisirikare azaha Ingabo z’u Bwongereza niziramuka zigiye mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Ukraine, kuko zishoboye.

Ibi yabivuze ubwo yari amaze guhura na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, mu biganiro bigaruka ku masezerano yo kugarura amahoro muri Ukraine.

Starmer yavuze ko u Bwongereza bwiteguye kohereza ingabo zabwo muri Ukraine mu butumwa bw’amahoro, igihe amasezerano yo guhagarika intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya yaba yemejwe.

Yagize ati “Ndi gukorana bya hafi n’abandi bayobozi bo mu bihugu by’u Burayi kuri ibi, kandi ndabizi neza ko u Bwongereza bwiteguye kujya ku butaka no mu kirere (cya Ukraine) mu rwego rwo gushyigikira amasezerano, dukoranye n’abafatanyabikorwa bacu, kubera ko ari bwo buryo bwonyine buzagarura amahoro.”

Ku rundi ruhande Trump abajijwe niba Amerika izatanga ubufasha igihe Ingabo z’u Bwongereza zaba zisumbirijwe n’iz’u Burusiya, yavuze ko Ingabo z’u Bwongereza ntabufasha zakenera kuko zihagije.

Yagize ati “Zabasha kwiyitaho neza, byumvikana nko kwirengagiza ariko si ukwirengagiza. Murabizi u Bwongereza bufite ingabo zikomeye n’igisirikare cyiza, kandi zabasha kwirwanaho.”

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na we yari amaze igihe gito aganiriye na Perezida Trump ku buryo bw’umutekano urambye muri Ukraine.

Trump yavuze ko u Bwongereza bwihagije mu bya gisirikare nta bufasha bwakenera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .