00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Trump yateguje ibihano bishya ku Burusiya

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 17 May 2025 saa 04:46
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko bazafatira ibindi bihano u Burusiya mu gihe bo na Ukraine baba binaniwe kumvikana ku masezerano y’amahoro.

Ibi Trump abitangaje nyuma y’igihe gito ibihugu byombi bigiranye ibiganiro bwa mbere kuva intambara hagati yabyo yatangira kuva mu 2022.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru Trump yabajijwe niba azongera agafatira ibindi bihano u Burusiya asubiza adaciye ku ruhande ati “Mvugishije ukuri, nzabifata mu gihe nta masezerano twageraho, ntamuntu ukoresha imbaraga kundusha.”

Trump yongeyeho ko Amerika izasuzuma ibyavuye mu biganiro biherutse guhuza u Burusiya na Ukraine byabaye ku wa 16 Gisurasi muri Istanbul.

Yavuze ko bategereje kureba uko bizagenda gusa yongeraho ko ibintu bishobora kuzaba bibi ku bukungu bw’u Burusiya.

Yavuze ko igitekerezo cye cyo gutunganya peteroli nyinshi muri Amerika kizafasha kugabanya igiciro cyayo ku Isi, bikanagabanya ingano y’iyo u Burusiya bwohereza.

Trump yavuze ko Perezida Vladimir Putin ananiwe kubera intambara ariko bateganya guhura na mu gihe kiri imbere.

Ati " Mfitanye umubano mwiza na Putin kandi ndatekereza ko tuzagirana amasezerano.”

Mu gihe Trump agerageza guhagarika intambara hagati y’ibi bihugu byombi itsinda ry’Abasenateri bo muri Amerika riyobowe na Lindsey Graham ryateguye umushinga w’itegeko ryo gufatira ibihano u Burusiya no gushyira imisoro ku bihugu bigura peteroli, gaze na uranium by’u Burusiya.

Umuyobozi wari uhagarariye u Burusiya mu biganiro by’ i Istanbul, Vladimir Medinsky, yavuze ko impande zombi zumvikanye kuguhererekanya imfungwa 1000 z’impande zombi.

Donald Trump yahamije ko mu gihe hatagerwa ku musaruro mu biganiro bya Ukraine n'u Burusiya azabufatira ibihano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .