BBC yanditse ko abakuru b’ibihugu bombi bagiranye ikiganiro kirekire kuri uyu wa 12 Gashyantare 2025, bemeranya ko amatsinda y’impande zombi agiye gutangira ibiganiro.
Trump abinyujije ku rubuga rwa ‘Truth Social’, yagize ati “Twemeranyije ko amatsinda yacu azatangira ibiganiro bigamije kuyihagarika vuba.”
Banagarutse kandi ku buryo bashobora kunoza umubano w’ibihugu byombi binyuze mu gusurana mu bihugu byabo.
Trump yavuze ko igihe kigeze ngo intambara yo muri Ukraine irangire kubera ko hamaze gupfiramo abantu benshi ndetse n’ibyangiritse bikaba ari byinshi.
Icyakora uyu muyobozi ntiyahishuye neza itariki azahuriraho na Putin ariko yabwiye itangazamakuru ko bazahurira muri Arabia Saoudite.
Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yatangaje ko iki kiganiro cyamaze hafi isaha n’igice kandi Perezida Putin ashyigikiye igitekerezo cya Trump cyo kongera gukorera hamwe mu gushaka ibisubizo.
Trump yabwiye abanyamakuru muri White House ko bigoye ko Ukraine yasubirana ubutaka yambuwe n’u Burusiya mu 2014 ariko ko bishoboka ko hari ibice bimwe yasubizwa.
Zelensky nawe aherutse gutangaza ko yavuganye na Trump ku buryo bagarura amahoro arambye muri bihugu biherereye mu Burasirazuba bw’u Burayi bimaze igihe mu ntambara yatangiye muri Gashyantare 2022.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!