Amavugurura ya 22 yakozwe ku Itegeko Nshinga rya Amerika mu 1951 ategeka ko nta Perezida wa Amerika urenza manda ebyiri ku butegetsi.
Steve Bannon ushyigikiye bikomeye Donald Trump, yavuze ko umuyobozi nka we aboneka gake mu kinyejana, bityo bifuza ko yazaniyamamaza mu 2028.
Ati “Ubu turamufite, arakomeye kandi ndamushyigikiye bikomeye. Ndashaka kuzongera kumubona mu 2028.”
Abajijwe uko azarenga ku Itegeko Nshinga rya Amerika agahatanira manda ya gatatu, yagize ati “turi kubyitaho. Ndizera ko hazaba hari uburyo bwinshi, ubwo tuzareba icyo umubare ntarengwa wa manda bivuze.”
Steve Bannon yahamije ko bahanganye n’ibintu byinshi birenze icyo kuvuga uburyo Trump yakwemererwa kwiyamamaza mu 2028, ndetse ko atari umwanya wo kubivugaho mu ruhame.
Muri Mutarama 2025, Perezida Trump yabwiye abamushyigikiye muri Nevada ko byaba ari ibyishimo bikomeye ayoboye Amerika inshuro ebyiri, eshatu cyangwa enye.
Mu minsi ishize, Andy Ogles, umu-Republicain uri mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yatanze igitekerezo cyo kuvugurura itegeko nshinga, rikemerera umuntu wayoboye manda ebyiri zitikurikiranyije kuyobora iya gatatu.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!