00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yarahiriye kwirukana mu gisirikare abihinduje igitsina

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 23 December 2024 saa 07:22
Yasuwe :

Donald Trump watorewe kuyobora Amerika yatangaje ko akigera ku butegetsi ku munsi wa mbere azasinya amategeko na politike bihindura ibintu ku buryo abantu bihinduje igitsina azabirukana mu gisirikare, agatangaza ko ibitsina byemewe ari bibiri gusa.

Mu buryo rusange umuntu avukana igitsina gabo cyangwa gore, ariko hari abantu bigera nyuma akagihinduza bitewe n’uko yiyumva ku buryo ugiye mu nyandiko y’amavuko usanga yaravutse afite igitsina gabo, ariko akaba asigaye yitwa umugore.

Donald Trump ubwo yari mu nama ya AmericaFest muri Leta ya Arizona yatangaje ko akigera ku butegetsi azasinya amateka arimo arandura burundu ihohoterwa rikorerwa abana bakebwa bimwe mu bice by’imyanya myibarukiro yabo.

Ati “Nzasinya amateka ashyira iherezo ku gukata bimwe mu bice bigize imyanya ndangagitsina y’abana, yirukana abihinduje igitsina mu gisirikare ndetse abakumira mu kugera mu mashuri y’ibanze, abanza n’ayisumbuye.”

Trump yasaga n’ugaruka kuri politike ze zahinduwe ku butegetsi bwa Joe Biden wamusimbuye, avuga ko n’abakinnyi b’abagore bihinduje igitsina bazahagarikwa kwitabira imikino itandukanye.

Ati “Bizaba ari politike izwi ko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari ibitsina bibiri gusa, igitsina gabo n’igitsina gore.”

Russia Television yanditse ko mu 2018 Donald Trump yari yashyizeho amategeko abuza abihinduje igitsina kwinjira mu gisirikare ariko abari basanzwe bagumishwa mu myanya bari barimo.

Trump yahamije ko ku butegetsi bwe Amerika izaba yemera ibitsina bibiri gusa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .