00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

USA: Abakozi ba Ijwi rya Amerika barenga 1.300 bahatiwe kujya mu kiruhuko

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 16 March 2025 saa 08:32
Yasuwe :

Abakozi beranga 1.300 b’igitangazamakuru Ijwi rya Amerika (VOA) cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika basabwe kujya mu kiruhuko cy’akazi mu gihe kitazwi ndetse hahagarikwa inkunga yaterwaga amaradiyo abiri yayo akorera hanze ya Amerika ashinjwa gukorera mu bihugu biyobowe n’ubutegetsi bw’igitugu.

Guhagarika abo bakozi bije nyuma y’umunsi umwe Perezida Donald Trump ategetse ko hagabanywa ingengo y’imari Leta yahaga ibigo byayo by’itangazamakuru harimo U.S. Agency for Global Media ari yo bibarizwamo VOA.

Abo bakozi bashyizwe mu kiruhuko cy’akazi ku itariki 15 Werurwe 2025 barimo abanyamakuru n’abandi bakora mu ngeri zitandukanye.

Umuyobozi Mukuru wa VOA, Michael Abramowitz, yavuze ko icyo cyemezo gikoma mu nkokora bikomeye imikorere y’icyo gitangazamkuru ku Isi kuko hafi y’abakozi bose bashyizwe mu kiruhuko.

Yongeyeho ko yababajwe cyane n’uko kuva mu myaka 83 icyo gitangazamakuru cyari kimaze, ari ubwa mbere gicekekeshejwe.

Ni icyemezo kizagira ingaruka ku makuru yatangazwaga mu ndimi hafi 50 VOA yakoragamo ku Isi, by’umwihariko gukomeza gukorera mu bihugu birimo ubuyobozi budaha ubwisanzure itangazamakuru.

Ihagarikwa ry’igice kinini cy’ingengo y’imari ya Amerika ku bigo byayo by’itangazamakuru byahagaritse inkunga yose icyo gihugu cyateraga amaradiyo abiri harimo Radio Liberty yumvikana mu Burasirazuba bw’u Burayi mu bihugu birimo u Burusiya na Ukraine na Radio Free Asia yumvikana mu Bushinwa na Koreya ya Ruguru.

Ijwi rya Amerika yashinzwe mu 1942 ifite intego nyamukuru yo kurwanya icengezamatwara y’Abanazi kuri ubu amakuru yayo akaba agera ku bantu miliyoni 360 ku Isi buri cyumweru.

Ni mu gihe ibiro ntaramakuru bya U.S. Agency for Global Media byo bikoresha abakozi babarirwa mu 3.500 ndetse mu 2024 byagenewe ingengo y’imari ingana na miliyoni 886 $.

Nubwo igabanywa ry’amafaraga yajyaga mu bitangazamakuru bya Leta ya Amerika ubuyobozi bugaragaza ko ari ukurengera imari ya Leta yajyaga mu bintu bitari ngombwa, bivugwa ko biragira ingaruka zikomeye ku gukwirakwiza gahunda za Amerika ku Isi aho nka Radio Liberty yamaze gutangaza ko ibyo ari nk’impano ikomeye ku banzi ba Amerika.

Amerika yaciye intege Ijwi rya Amerika ihatira abakozi barenga 1300 kujya mu kiruhuko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .