00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwemeje ko Yoon Suk-yeol wabaye Perezida wa Koreya y’Epfo afungwa

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 31 December 2024 saa 07:56
Yasuwe :

Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024 rwemeje ko Yoon Suk-yeol uherutse kweguzwa by’agateganyo ku mwanya wa Perezida w’iki gihugu, atabwa muri yombi n’abagenzacyaha.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’aho Yoon yanze inshuro eshatu kwitaba abagenzacyaha bashakaga kumuhata ibibazo ku byaha ashinjwa birimo kurwanya inzego no gukoresha ububasha mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibi byaha bifitanye isano n’icyemezo Yoon yafashe tariki ya 3 Ukuboza 2024 ubwo yari Perezida wa Koreya y’Epfo, cyo gushyiraho ibihe bidasanzwe bya gisirikare, byari bigamije guha inzego z’umutekano ububasha bwo gufunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Urukiko rwahaye abagenzacyaha amasaha 48 yo kuba bamaze gufata Yoon kugira ngo bajye kumuhata ibibazo, gusa hari impungenge ko gushyira mu bikorwa iki cyemezo biza kugorana bitewe n’uko abashinzwe umutekano we basanzwe bitambika abagenzacyaha.

Ahazaza h’ubutegetsi bwa Koreya y’Epfo hari mu rujijo kuko nyuma y’aho Yoon yegujwe, Han Duck-soo wamusimbuye by’agateganyo na we yaregujwe, azira kwanga gushyiraho abacamanza b’urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga.

Mu gihe hategerejwe umwanzuro w’urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga ku iyeguzwa rya Yoon, Choi Sang-mok usanzwe ari Minisitiri w’Imari ni we wasimbuye Han ku mwanya wa Perezida w’agateganyo wa Koreya y’Epfo.

Abagenzacyaha bahawe amasaha 48 yo gufata Yoon kugira ngo bamuhate ibibazo
Choi Sang-mok ni we Perezida w'agateganyo wa Koreya y'Epfo nyuma y'aho Han Duck-soo na we yegujwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .