Umusonga ‘pneumonia’ ni indwara ifata mu bihaha by’umuntu, ikamutera guhumeka nabi [insigane], akagira umuriro mwinshi. Hari n’ubwo yica uyirwaye.
Umuvugizi wa wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Stefan De Keersmaeker, yavuze ko ingendo Ursula yari afite i Lisbon muri Portugal n’i Gdansk muri Pologne zasubitswe kubera iyo mpamvu.
Yagize ati “Perezida yahagaritse ibikorwa yari afite mu byumweru bibiri bya mbere bya Mutarama 2025.”
Yatangaje ko imirimo imwe n’imwe azajya ayikorera mu rugo rwe i Hanover mu Budage.
Ntabwo higezwe hatangazwa niba hari uzahita amusimbura mu nshingano by’agateganyo.
Nta gihigutse biteganyijwe ko azasubukura akazi n’ingendo ze mu mpera za Mutarama 2025.
Ursula Von der Leyen watangiye manda ye ya kabiri ku wa 01 Ukuboza 2024, yatangiye kuyobora Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu 2019.
Uyu muyobozi kandi aheruka mu Rwanda mu Ukuboza 2023, ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo gufungura ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gikora Inkingo cya ‘BioNTech Africa’.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!