Mu mpinduka zigiye kubaho, harimo kugabanya abakozi n’ibiro bimwe na bimwe. Gahunda ni uko abakozi bazagabanukaho 15%, bitume nibura imyanya 700 yari isanzwe ivaho.
Ikindi ni uko amashami nibura 132 muri 734 yari mu rwego rushinzwe ububanyi n’amahanga, azavaho cyangwa ahuzwe n’andi ku buryo hazasigara nibura 602. Andi mashami 137 azimurirwa ahandi kugira ngo arusheho gutanga umusaruro.
Ibiro bimwe na bimwe bizavaho, harimo nk’ibyari bishinzwe kwita ku bibazo by’abagore, kudaheza, ibirwanya ubuhezanguni n’ibindi. Ibiro byari bishinzwe umutekano w’abasivile, ibishinzwe demokarasi, n’ibishinzwe uburenganzira bwa muntu bizahuzwa n’andi mashami.
Hari hashize iminsi havuzwe kandi ko Ambasade zimwe na zimwe za Amerika mu bihugu cyane ibyo muri Afurika zigiye gufungwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!