00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuyobozi wa Telegram amaze kubyara abana 100

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 20 June 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Urubuga rwa Telegram, Pavel Durov, yatangaje ko amaze kubyara abana 100 hirya no hino ku Isi, bari mu bihugu 12.

Uyu mugabo ubarirwa umutungo wa miliyari 13,9$ yatangaje ko abyara abana benshi binyuze mu gutanga intanga.

Ati "Hari ivuriro natangiye gutangaho intanga mu myaka 15 ishize kugira ngo mfashe inshuti yanjye, aho yambwiye ko izirenga 100 zimaze gukoreshwa n’abagore bagatwita, bari mu bihugu 12."

Mu buryo bwemewe n’amategeko, uyu mugabo afite abana batandatu yabyaye ku bagore batatu batandukanye, akavuga ko yifuza ko bazabaho ubuzima bushyize hamwe.

Ati "Bose ni abana banjye kandi bafite uburenganzira bungana. Sinshaka ko bazasigara baryana nyuma y’urupfu rwanjye."

Uyu mugabo w’imyaka 40, yatangaje ko nta mwana we n’umwe uzigera ahabwa umutungo we mbere y’imyaka 30, ati "ndifuza ko bazakura nk’abantu basanzwe, bakiyubaka ku giti cyabo, bakiga kwiyizera no guhanga udushya, ntibabeshweho n’amafaranga ari kuri konti gusa."

Ku rundi ruhande, Pavel Durov yamaze gusinya urwandiko rugaragaza uburyo abana be bazagabana umurage we.

Pavel Durov amaze kubyara abana 100 mu bihugu 12

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .