00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusore yasanzwe ari muzima nyuma y’iminsi 13 aburiye muri Pariki

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 8 January 2025 saa 07:33
Yasuwe :

Umuhungu w’imyaka 23 wo muri Australie ukunda gukora ubukerarugendo bwo guterera imisozi, yabonetse nyuma y’iminsi 13 aburiye muri Pariki ya Kosciuszko iherereye mu majyepfo ya Sydney.

Inshuti z’uyu musore witwa Had Nazar zaherukaga kumubona ubwo batemberaga muri iyi Pariki tariki ya 26 Ukuboza 2024.

Yaburiwe irengero ubwo yaburaga inzira imusubiza aho bari bashinze amahema bagombaga kuraramo. Inshuti ze zahise zitabaza inzego z’umutekano, zitangira kumushakisha.

Polisi yatangaje ko abantu barenga 300 bibumbiye mu matsinda ashinzwe ubutabazi bafashije abashinzwe umutekano gushakisha uyu musore.

Byarangiye bamubuze gusa aza kubonwa n’itsinda rindi ry’abantu batereraga imisozi ryari riri hafi y’inzira yari arimo, mu bilometero 10 kuva aho abashinzwe umutekano n’abatabazi bashakishirizaga.

Umuyobozi wa Polisi muri ako gace, Andrew Spliet, yabwiye abanyamakuru ko ubwo abakerarugendo babonaga uyu musore, bahamagaye abashinzwe umutekano, bamujyana mu bitaro igitaraganya.

Spliet yakomeje asobanura ko ubu Nazar ameze neza kandi ari kumwe n’umuryango we, ndetse ko na wo wishimiye kumubona ari muzima.

Uyu musore w'imyaka 23 yasanzwe ari muzima nyuma yo kumara iminsi 13 yaraburiwe irengero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .