00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuherwe Aga Khan washinze Nation Media Group yitabye Imana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 February 2025 saa 08:40
Yasuwe :

Ihuriro ry’Imuryango y’ubugiraneza rya Aga Khan Development Network, ryatangaje ko umuherwe, Aga Khan, wari ufite ibikorwa bitandukanye birimo ibitaro bikomeye, amashuri n’ibindi, yitabye Imana ku myaka 88.

Itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko “yitabye Imana mu mahoro” i Lisbon muri Portugal ndetse ngo abo mu muryango we bose bari bahari.

Uyu muherwe wavukiye mu Busuwisi, akagira ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yari n’inshuti ya hafi y’Umwami Charles III n’Umwamikazi Elizabeth II watanze mu bihe byashize.

Imiryango y’Ubugiraneza ya Aga Khan ifite ibitaro byinshi n’amashuri menshi mu bihugu bitandukanye birimo ibyo muri Afurika y’Iburasirazuba nka Kenya, Tanzania, Uganda n’ahandi mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Itangazo rigira riti “Tuzakomeza gufatanya n’abafatanyabikorwa mu guhindura ubuzima bw’abantu n’imiryango mu bice bitandukanye by’Isi nk’uko yabyifuje hatitawe ku idini cyangwa inkomoko yabo.”

BBC yanditse ko abo mu muryango wa Aga Khan bavuga ko igisekuruza cyabo kigera kuri Ismail, n’Intumwa y’Imana Muhamad.

Aga Khan ni we washinze Nation Media Group, ibamo ikigo cy’itangazamakuru cyigenga gikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni Antonio Guterres yavuze ko Aga Khan ari “ikimenyetso cy’amahoro, kwihangana no kwitanga mu Isi yuzuye ibibazo.”

Aga Khan yari inshuti magara y'Umwamikazi Elizabeth II

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .