Amakuru avuga ko Sara yashatse gukoresha ububasha bwe mu gutera ubwoba abatangabuhamya muri uru rubanza, aho yoherereje ubutumwa umwe mu bakozi be, amusaba gutegura imyigaragambyo yamagana abarwanya ubutegetsi bw’umugabo.
Uyu mugore kandi ngo yanatanze ubutumwa butera ubwoba umwe mu batangabuhamya, ikintu cyatumye ubushinjacyaha buhaguruka bugatangira kumukoraho iperereza nk’uko Umushinjacyaha Mukuru, Gali Baharav-Miara, yabigarutseho.
Mu 2019, Sara nabwo yari yajyanywe mu nkiko azira gukoresha umutungo wa leta mu bikorwa byo gutegura amafunguro ariko byihariye, bidafite aho bihuriye na gahunda za Leta. Icyo gihe yemeye kwishyura amafaranga yakoreshejwe muri ibyo bikorwa ndetse yongeraho n’amafaranga y’ibihano.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!