00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umugenzi yinjiye mu ndege ya Delta Air Lines nta tike afite

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 29 December 2024 saa 08:16
Yasuwe :

Haribazwa byinshi ku mutekano w’ibibuga by’indege muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umugenzi yongeye kwinjira mu ndege ya Delta Air Lines nta tike afite, kandi yanyuze mu nzira zose umugenzi anyuramo akagenzurwa mbere yo kwinjira mu ndege.

Kuri Noheli, umugenzi utatangajwe amazina yagiye ku kibuga cy’indege cya Seattle–Tacoma International Airport aca mu nzira zose zinyurwamo n’abagiye kwinjira mu ndege, arasakwa ndetse ananyura aho abagenzi berekanira amatike y’indege bagiye kujyamo.

Icyatunguranye ni uko uyu mugenzi amaze kugera mu ndege, byaje kugaragara ko nta tike yari afite, ubwo indege yari yatangiye kugenda ariko itarahaguruka ku kibuga cy’indege.

Abagenzi bose bahise basohorwa, bongera gusakwa bundi bushya bituma urugendo rw’indege rukerererwa amasaha abiri n’igice, ndetse n;ikigo cya Delta Air Lines kibisabira imbabazi.

Ni ubwa kabiri umugenzi yinjiye mu ndege ya Delta Air Lines nta tike yaguze mu gihe kitageze ku kwezi, ibituma benshi bibaza umutekano w’ibibuga by’indege muri Amerika cyane cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru bikunze kurangwa n’abagenzi benshi.

Ikigo cya Delta Air Lines kiri mu mazi abira nyuma y'uko indege yacyo itwaye umugenzi udafite itike

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .