Trump aherutse guca amarenga y’uko Ukraine ishobora guhagarikirwa inkunga y’intwaro ihabwa na Amerika, ibyahita bigira ingaruka zikomeye ku rugamba kuko iki gihugu gisanzwe gitaka kugira intwaro nke.
Aha niho havuye igitekerezo cya bimwe mu bihugu by’u Burayi, kivuga ko hashobora koherezwa ingabo muri Ukraine kugira ngo zifashe icyo gihugu mu kwirindira umutekano.
Gusa ku ruhande rwa Ukraine, iki gihugu cyaciye amarenga y’uko cyifuza gukomeza intambara, aho Umujyanama wa Perezida Zelensky, Mikhail Podoliak, yavuze ko icyo bifuza ari intwaro nyinshi, kugira ngo bakomeze intambara.
Yavuze ko kohererezwa intwaro "bidashoboka urebye uko ibintu bihagaze."
Yashimangiye ko igikenewe ari "kongera intwaro no gukomeza kudufasha muri ubu buryo bwo guhabwa intwaro."

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!