00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Zelensky mu byishimo by’igitego cya dipolomasi yatsinze u Burusiya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 March 2025 saa 08:44
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yatangaje ko ibiganiro byahuje itsinda ry’abayobozi bo mu gihugu cye n’irya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bakumvikana ku gahenge k’iminsi 30, ari intsinzi muri dipolomasi kandi hari ibihugu byinshi byagaragaje ko bibyishimiye.

Ibiganiro bya Amerika na Ukraine byabereye muri Arabie Saoudite byarangiye impande zombi zumvikanye ndetse ibyemezo bikomeye Amerika yari yafatiye Ukraine bikurwaho, yiyemeza gukomeza gutanga inkunga mu bya gisirikare n’amakuru y’ubutasi.

Perezida Zelensky yatangaje ko iyi ari intsinzi muri dipolomasi ndetse byashyize u Burusiya mu ngorane butazashobora kwigobotora.

Ati “Buri wese yashimagije Ukraine ku ntsinzi yagezeho i Jeddah, intsinzi yo mu rwego rwa dipolomasi. Buri wese yemera ko iyi ari intambwe ikomeye.”

Gusa Zelensky avuga ibi u Burusiya bwo bwakomeje imirwano mu gace ka Kursk, ndetse buvuga ko bwirukanye ingabo za Ukraine bukazisubiza inyuma ibilometero byinshi kugeza ubwo zinisubije umujyi wa Sudzha.

Ku wa 14 Werurwe 2025, ingabo z’u Burusiya zatangaje ko zagoteye hagati iza Ukraine ziri muri Kursk, Trump asaba ko zitagirirwa nabi, ariko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin we avuga ko impuhwe bagirirwa zaterwa n’uko bamanitse amaboko.

Ukraine yateye utwatsi ibyo kuba hari abasirikare bayo bazengurutswe n’ingabo z’u Burusiya, ivuga ko ari ibinyoma bigamije kuyobya uburari ku rugamba.

RT yanditse ko Putin yishimiye igitekerezo cya Amerika cyo gushyiraho agahenge ariko ko hakwiye kubanza kumvikanwa ku iherezo ry’abasirikare ba Ukraine bafatiwe muri Kursk no ku buryo umutekano uzacungwa muri icyo gihe cy’agahenge.

Ukraine, u Bufaransa n’u Bwongereza bisaba u Burusiya kwemera agahenge budashyizeho amananiza ayo ari yo yose.

Perezida Zelensky yatangaje ko igihugu cye cyageze ku ntsinzi mu bya dipolomasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .