Perezida Trump yavuze ko Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine adakunzwe cyane kuko amakusanyabitekerezo agaragaza ko uyu mugabo afite igikundiro kiri hasi cyane, kugera no kuri 4% gusa.
Trump yavuze ko "Umuyobozi wa Ukraine, nubwo ntishimiye kubivuga, ariko amakusanyabitekerezo afite ari kuri 4% gusa."
Uyu mugabo yashimangiye ko icyifuzo cy’uko Ukraine ikora amatora ya Perezida gishyigikiwe n’ibindi bihugu. Ati "Ntabwo bituruka mu Burusiya, ni ikintu ntekereza ariko hari n’ibindi bihugu byinshi bibitekereza gutyo."
Perezida Zelensky yakunze kunengwa ku buryo yanze gushyiraho ingamba zishobora gufasha igihugu cye guhagarika intambara, mu gihe yakunze guhatira abaturage kujya ku rugamba batabishaka, ibyatumye igikundiro cye kirushaho kujya hasi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!