00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine ni iyacu - Putin yatunguranye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 June 2025 saa 10:25
Yasuwe :

Vladimir Putin yatanguranye ubwo yari mu nama ivuga ku bukungu yaberaga i St Petersburg maze avuga ko Ukraine n’u Burusiya bidashobora gutandukanywa.

Mu kiganiro cyatanzwe muri iyo nama, mu mwanya w’ibibazo n’ibisubizo, Putin yabajijwe amaherezo y’intambara imaze igihe hagati y’igihugu cye na Ukraine.

Mu gusubiza yagize ati “Nabivuze kenshi ko mbona Abanya-Ukraine n’Abarusiya nk’abaturage b’igihugu kimwe. Ku bw’iyo mpamvu rero, Ukraine ni iyacu.”

Ni igisubizo cyakiranywe amashyi menshi n’abari bitabiriye iyo nama, biganjemo abanyapolitiki n’abakora ubucuruzi.

Yakomeje agira ati “Hari itegeko rya kera, rivuga ko aho umusirikare w’u Burusiya akandagije ikirenge, haba ari ahacu.”

Muri icyo kiganiro, Putin hari aho yageze avuga ko mu gihe Ukraine izakoreshwa intwaro ziremereye irasa ku butaka bw’u Burusiya, izahura n’ibyago.

Ati “Iryo ryaba ari ikosa ndengakamere ku ruhande rw’abo twita ko bafite imikorere nk’iy’Aba-Nazi ku butaka bwa Ukraine uyu munsi. Ryaba ariryo kosa rya nyuma. Duhora iteka dusubiza. Rero igisubizo cyacu cyaba gikarishye.”

Putin yatangaje ko Ukraine n'u Burusiya bigoye kubitandukanya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .