Ni nyuma y’uko Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, igihugu gihanganye na Ukraine, atangaje ko atabona mugenzi we wa Ukraine, Vladimir Zelensky nka Perezida wemewe kuko igihe yemerewe n’Itegeko Nshinga cyarenze.
Ibi byafashwe nk’ingingo ishobora kubangamira inzira y’ibiganiro iri kugeragezwa hagati y’ibihugu byombi, ndetse na Perezida Trump ashimangira ko ibimenyetso bigaragaza ko Zelensky adakunzwe mu gihugu cye, akaba atanafite ubushake bwo kurangiza intambara, byose bikaba impamvu akwiriye gusimbuzwa.
Witkoff yavuze ko nta yandi mahitamo Zelensky afite, ati "Yego barabyemeye, amatora azakorwa muri Ukraine."
Yashimangiye ko Ukraine ifite amahirwe yo kugira Trump uri gukora ibishoboka byose ngo intambara irangire, kuko iyo bitagenda gutyo, iki gihugu kitari bushobore gutsinda.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!