00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine: Abantu 25 bishwe n’ibisasu by’u Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 March 2025 saa 09:24
Yasuwe :

Abantu 25 muri Ukraine bishwe n’ibisasu byarashwe n’ingabo z’u Burusiya, mu ntambara imaze imyaka itatu ihuza impande zombi.

Amakuru avuga ko u Burusiya bwakoresheje ibisasu biremereye mu kurasa kuri Ukraine, cyane ko iki gihugu kitagihabwa amakuru y’ubutasi na Amerika, yanamaze guhagarika intwaro ikigenera.

Ibi bisasu bije bikurikira ibindi byari bimaze iminsi biraswa n’u Burusiya, ibyo benshi bemeza ko ari gahunda y’u Burusiya yo gufatirana Ukraine itagihabwa amakuru y’ubutasi na Amerika, ikayirasaho cyane kugira ngo mu gihe cy’ibiganiro, izabe yarazahaye bityo ntisabe byinshi.

Icyakora na Ukraine yarashe ’drones’ 35 mu Burusiya ariko zirakumirwa. Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye gifite gahunda yo guhagarika iyi ntambara, aho impande zombi ziri kuganira na Amerika buri rumwe ukwarwo, ibiganiro hagati ya Amerika na Ukraine bikazatangira mu minsi mike iri imbere.

Abantu 25 bishwe n'ibisasu by'u Burusiya muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .