Uyu mukobwa wari umaze iminsi yaracecetse, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2024 yahisemo guca amazimwe. Imbere y’abamukurikira kuri Instagram, yafashe udukoresho twifashishwa mu gupima ubwandu bwa Virusi itera Sida, arangije yipima ku mugaragaro abantu bose bareba.
Yasoje kwipima agaragaza ibipimo bye, byerekana ko ari muzima, niko kwishongora ku bari bamaze iminsi bamuvugaho ibihuha ati “Murishimye? Nipimye ntegereza iminota 20, nk’uko mubireba ntabwo ndwaye.”
Uyu mukobwa yatangaje ko kunanuka kwe byaturutse ku mpamvu ze bwite, ndetse abwira abakunzi be ko nta burwayi ubwo ari bwo bwose afite.
Ddane amaze kubaka izina muri Uganda, akorera KFM na NTV Uganda.
Ubwo yari amaze kwamamara, yahise atangira umwuga wo kuyobora ibitaramo, kuri ubu ni umwe mu bakunze kwiyambazwa ngo ayobore ibitaramo bikomeye ndetse anavanga imiziki.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!