00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubukungu bw’u Bushinwa buzazamuka ku kigero kirenze icyari giteganyijwe

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 27 December 2024 saa 06:05
Yasuwe :

Banki y’Isi yatangaje ko ubukungu bw’u Bushinwa buzazamuka ku kigero cya 4.9% mu 2024, nyuma y’uko hari impungenge z’uko uyu mwaka wari kuzasiga buzamutse ku kigero kiri munsi yacyo.

Iyi banki yari yavuze ko muri uyu mwaka, ubukungu bw’u Bushinwa buzazamuka ku kigero cya 4.8% ndetse amakuru akavuga ko ibibazo birimo inguzanyo zo kubaka inzu zitishyurwa neza mu Bushinwa, bishobora kuzatuma ubwo bukungu buzamutse ku kigero kiri munsi y’icyari cyateganyijwe.

Gusa u Bushinwa bwabashije gukora amavugurura yatumye ibibazo bituruka ku nguzanyo zitishyurwa neza bitagira ingaruka mbi ku bukungu bwose muri rusange, bituma bukomeza kuzamuka ku kigero kirenze icyari cyateganyijwe.

Gusa iyi banki itanga umuburo, ikavuga ko u Bushinwa bukwiriye gukomeza gukora amavugurura atuma ibijyanye no kwishyura inguzanyo zakoreshejwe mu kubaka bigenda neza, kugira ngo banki zitazagwa mu bihombo, ibi nabyo bikongera igihombo ku gihugu.

Ubukungu bw'u Bushinwa buzazamuka ku kigero kirenze icyari cyateganyijwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .