00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Bushinwa bwarenze miliyari 295$

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 5 March 2025 saa 08:52
Yasuwe :

U Bushinwa bukomeje gushimangira ko ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Afurika mu ubucuruzi, aho ubucuruzi hagati y’impande zombi bwageze kuri miliyari 295 z’Amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2024, bigaragaza izamuka rya 6,1% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Ubwo yamurikaga raporo y’ibikorwa bya Guverinoma mu 2024 mu itangizara ry’Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bushinwa, NPC, Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Li Qiang, yavuze ko muri uyu mwaka ubucuruzi bwatumbagiye cyane, n’umubare w’ibyoherezwa mu mahanga uriyongera.

Uyu muhango wari wanitabiriwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping.

Muri rusange ubucuruzi bw’u Bushinwa bwarazamutse, aho agaciro k’ibicuruzwa byinjiye n’ibyasohotse mu gihugu kari hafi miliyari ibihumbi bitandatu z’Amadorali ya Amerika, bigaragaza izamuka rya 5% muri rusange.

Ku isoko ry’ibyoherezwa mu mahanga, u Bushinwa bwari bwihariye 14,5% mu 2024, aho ibihugu byo mu Muryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo y’Iburasirazuba bwa Aziya [ASEAN], n’ibyo muri Afurika ari byo biza imbere mu kuhavana ibicuruzwa.

Minisitiri Li Qiang yavuze ko mu 2024 hashyizwe imbaraga mu guteza imbere politiki yo kwishyuza imisoro ku gipimo cya 0% ibicuruzwa byinjira mu Bushinwa biturutse mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Ku rundi ruhande, ubufatanye mu by’ubucuruzi n’ibindi bihugu no gukurura ishoramari ryo mu mahanga biri mu byatumye ubucuruzi bw’iki gihugu butumbagira muri rusange.

Ati “Byongeye kandi, ishoramari riva mu mahanga ryahawe urubuga ryoroherezwa kwinjira mu nzego zirimo urw’itumanaho, serivisi z’ubuvuzi n’uburezi, bigaragaza ubushake bw’u Bushinwa bwo gufungura amasoko no guteza imbere ubufatanye mpuzamahanga.”

Mu byateye imbere ntiwasiga ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa, aho nko mu Ukuboza 2024, u Bushinwa bwohereje mu Rwanda ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 53.3$ buhakura iby’agaciro ka miliyoni 15,9$, bigaragaza izamuka rya 48,9% na 96,5% ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka wabanje.

Afurika n’u Bushinwa bikomeje gushyira imbere imikoranire, aho nko mu nama iheruka ya FOCAC, yabereye i Beijing Perezida Xi Jinping yasabye ko uyu mubano uzamurwa ukagera ku rwego rw’ubufatanye bw’igihe kirekire.

Mu rwego rwo gushimangira ubu bufatanye, Perezida Xi yiyemeje gutanga miliyari 360 z’Amafaranga y’ama-yuan [ miliyari 50,7 z’Amadolari y’Amerika] mu myaka itatu iri imbere.

Aya mafaranga azashyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga 10 y’ubufatanye, irimo kwigiranaho hagati y’umuco w’abaturage, guteza imbere ubucuruzi, ubufatanye mu nganda, ikoranabuhanga, itumanaho, iterambere ry’ubuzima, ubuhinzi n’imibereho myiza, guhanahana umuco, iterambere ry’ibidukikije n’umutekano rusange.

Minisitiri w'Intebe w’u Bushinwa Li Qiang, yavuze ko mu 2024 ubucuruzi bw'u Bushinwa bwatumbagiye cyane, n’umubare w’ibyoherezwa mu mahanga uriyongera
Uyu muhango wari wanitabiriwe na Perezida w'u Bushinwa, Xi Jinping
Hatangijwe Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bushinwa, NPC, izamara iminsi 10

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .