00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwari bwaraguze indege zishaje za miliyari 1,8 Frw zo kwitorezaho kohereza abimukira mu Rwanda

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 March 2025 saa 03:46
Yasuwe :

Guverinoma y’u Bwongereza yaguze indege eshatu zo mu bwoko bwa Airbus zishaje zashoweho hafi miliyoni 1 y’ama-Pound [ni ukuvuga miliyari 1,8 Frw] hagamijwe kwitoza uko bagombaga kuriza indege abimukira kugeza boherejwe mu Rwanda.

Gahunda u Bwongereza bwari bwateguye yo kohereza abimukira mu Rwanda yari yavuguruwe mu Ukuboza 2023, ariko mu 2024 ubutegetsi buhindutse, Ishyaka ry’Abakozi [Labor Party] rihita riyihagarika.

The Sun yanditse ko indege zishaje za Airbus zaguzwe na Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu, itanga ibihumbi 671£ zigomba kwifashishwa mu myitozo yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Bivugwa ko hari n’andi ma-Pound ibihumbi 268 agomba kwishyurwa ikigo cyagurishije izo ndege zishaje kugira ngo kibashe gukomeza kuzibika no kuzicunga.

Izi ndege ziri mu nzu iri ahahoze ikigo cy’ingabo zirwanira mu kirere [Cardington Airfield] zari zigenewe kwitorezwaho amezi 15, bivuze ko byari kurangirana n’umwaka wa 2024.

Izo ndege zakoreshejwe mu myitozo ariko kuva mu Ugishyingo 2024 zashyizwe mu kibuga cy’indege cya Cotswold.

Umuyobozi wa Air Salvage, Mark Gregory, ari na yo yagurishije izi ndege yavuze ko zizaguma mu bubiko kugeza ibihe Guverinoma izabonera ahandi ho kuzibika.

Indege zaguriwe kwitoza kujyana abimukira mu Rwanda zatwaye hafi miliyoni 1 y'Amapound

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .