00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwiyemeje gusaba Trump gukomeza gutera inkunga Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 January 2025 saa 10:17
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir Starmer yiyemeje gukora ibishoboka ku butegetsi bwa Donald Trump, Amerika igakomeza gutera inkunga Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Starmer byatangaje ko ateganya kugirira uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mpera za Mutarama cyangwa mu Ntangiriro za Gashyantare, nyuma yuko Trump azaba yarahiriye kuyobora Amerika ku wa 20 Mutarama 2024.

Mu bizaba bimujyanye ngo harimo no gusaba Donald Trump kudahagarika inkunga igihugu cye cyahaga Ukraine muri iyo ntambara.

Ni mu gihe Donald Trump yakunze kumvikana avuga ko intambara y’u Burusiya na Ukraine azayirangiza mu munsi umwe akigera ku butegetsi, ndetse yanenze cyane ubutegetsi bwa Joe Biden ko bwatakaje amafaranga menshi bufasha Ukraine muri iyo ntambara.

Minisitiri w'Intebe w'u Bwongereza Keir Starmer yiyemeje gukora ibishoboka ku butegetsi bwa Donald Trump, Amerika igakomeza gutera inkunga Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .