Iyi nkunga ni igice cy’ibyo iki gihugu cyiyemeje mu gufasha Ukraine mu ntambara n’u Burusiya.
U Bwongereza bwiyemeje gutanga inkunga ya miliyari 4,5£ mu mwaka wa 2025, izatangwa mu byiciro bitandukanye, harimo no gufasha mu bikorwa bya gisirikare.
Bimwe mu bikubiye muri iyi nkunga harimo gusana imodoka za gisirikare za Ukraine, kugura drones, sisiteme za radar n’ibisasu bitegwa mu butaka [mines] bishobora no gusenya ibifaru.
Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, yavuze ko iyi nkunga izafasha cyane ingabo za Ukraine, by’umwihariko mu kubona intwaro zigezweho nka drones, ndetse no kongera imbaraga mu bikorwa byo kurinda igihugu.
Yanavuze ko iyi nkunga iri mu byo bari gukoresha botsa igitutu Perezida Putin w’u Burusiya ngo ahagarike intambara muri Ukraine.
Ni mu gihe u Bwongereza bukomeje kugaragaza ko ari kimwe mu bihugu by’i Burayi bishyigikiye Ukraine.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!