00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bwamaganye igitekerezo cy’u Bufaransa cyo gukwirakwiza intwaro za nucléaire i Burayi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 March 2025 saa 09:42
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko badashyigikiye igitekerezo cy’u Bufaransa cyo gukwirakwiza intwaro za nucléaire mu bihugu bitandukanye by’i Burayi, hagamijwe kwirindira umutekano.

Ni igitekerezo cyatangijwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wavuze ko mu gihe Amerika isa n’ishaka kuva mu muryango w’ubutabarane, OTAN, bikenewe ko intwaro za nucléaire igihugu cye gifite zasangizwa ibindi bihugu.

Perezida Macron yavuze ko u Burusiya ari ikibazo gikomeye ku mutekano w’u Burayi.

Mu Burayi ibisasu bya nucléaire bitunzwe n’u Burusiya, u Bufaransa, n’u Bwongereza, gusa Keir Starmer yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza itazashyigikira ibyo gukwirakwiza izi ntwaro mu bihugu byose by’i Burayi.

Ati “Ku kibazo cy’intwaro za nucléaire, nk’uko bisanzwe uruhande duhagazeho ni uko tuzakora ibishoboka tukirinda ko zikwirakwira cyangwa ziyongera.”

Mu minsi mike ishize Perezida wa Pologne, Andrzej Duda yasabye Amerika ko yabaha ku ntwaro za nucléaire nk’imwe mu nzira z’ubufatanye bw’ibihugu bihuriye muri NATO.

Bivugwa ko u Budage, u Butaliyani, u Bubiligi, Turikiya, n’u Buholandi bifite ibisasu bya nucléaire bya Amerika.

Minisitiri w'Intebe Starmer yavuze ko batazashyigikira ikwirakwizwa ry'intwaro za nucléaire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .