00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza buhomba miliyari $124 buri mwaka kubera kwivana muri EU

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 2 Gashyantare 2023 saa 08:46
Yasuwe :

Ikinyamakuru Bloomberg cyagaragaje ko u Bwongereza buhomba miliyari $124 buri mwaka nk’ikiguzi cyo kuba icyo gihugu cyarivanye mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Raporo yasohotse kuri uyu wa Kabiri, igaragaza ko ubukungu bw’u Bwongereza kuri ubu bwasubiye inyuma ho 4 % ugereranyije n’uko byari kuba bimeze iyo icyo gihugu kiguma muri EU.

Mu 2016 nibwo amatora ya kamarampaka yemeje ko u Bwongereza bwivana muri EU, bishyirwa mu bikorwa mu buryo budasubirwaho tariki 31 Ukuboza 2020.

Byatumye u Bwongereza butakaza amahirwe yose abaturage babwo bari bafite muri EU, harimo ubuhahirane bworoshye n’ibindi bihugu biri mu muryango.

Bloomberg igaragaza ko nibura guhera mu 2020 ubwo byatangazwaga ko u Bwongereza bwavuye muri EU, buri mwaka buhomba miliyari $124.

Kwivana muri EU byatumye abashoramari bamwe batangiya kwigengesera kuyishora mu Bwongereza, kuko batazabasha gucuruza ibicuruzwa byabo mu buryo bworoshye mu bindi bihugu bigize EU.

U Bwongereza kandi bufite ikibazo cy’abakozi bake mu nzego zitandukanye kuko benshi bahabarizwaga ubwo igihugu cyari kikiri muri EU, basubiye iwabo. Ibyo bituma n’inganda cyangwa abandi bacuruzi bahari badatanga umusaruro ukwiriye kubera ubuke, cyangwa abahari bagahenda.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .