Abaturage bo mu Buyapani banenze uyu mdepite bavuga ko yagaragaje ikinyabupfura gike mu gihe Fumio Kishida, Minisitiri w’Intebe yari ari kuvuga ijambo.
Imyitwarire ya Kihara ntiyashimishije na nyina umubyara, kuko yavuze ko atewe ikimwaro n’imyitwarire y’umuhungu we wakojeje isoni umuryango wabo.
Kihara wabaye igitaramo ku mbuga nkoranyambaga, we mu kwisobanura yavuze ko ibyo yakoze atari agasuzuguro ahubwo byaturutse “ku kamenyero ko gushyira intoki mu mifuka”.
Mu kwisobanura kwe yanongeyeho ko uburyo yari yifashe ari bwo bwamufashije gukurikirana neza ijambo rya Minisitiri.
Mu Buyapani gufata mu mifuka imbere y’umuntu mukuru cyangwa wiyubashye bifatwa nk’agasuzuguro.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!