Aba bantu bakurikiranweho ibyaha byo gufasha aba-mafia gucuruza ibiyobyabwenge, kunyereza umusoro, kujyana ibyibwe, gukoresha amafaranga mu buryo butemewe, kunyereza umutungo, no gutera abantu ubwoba.
Uyu mubikira w’imyaka 57 witwa Anna Donelli, yari asanzwe azwi mu bikorwa by’ubukorerabushake muri geraza zitandukanye mu mujyi wa Brescia mu majyaruguru ya Lombardy, mu Butaliyani.
Polisi ivuga ko Donelli yakoraga nk’umuhuza hagati y’abayobozi b’utwo dutsiko tw’abagizi ba nabi bafunze na bagenzi babo basigaye hanze batarafungwa.
Ikigo cy’ababikira bo mu muryango w’abagiraneza (Sisters of Charity institute) yabagamo, ntikiragira icyo gitangaza kuri aya makuru y’ifungwa ry’umubikira wabo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!