Abaturage b’ibihugu birenga 50, harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bemerewe muri iyi gahunda.
Izi ngamba ziri gutanga umusaruro, aho mu 2024 mu gihembwe cya gatatu, umubare w’abanyamahanga binjiye mu Bushinwa wageze ku rwego rwo hejuru kuva igenzura ryatangira mu 2014, nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka.
Abafite pasiporo z’ibihugu 38 birimo; U Bufaransa, Malaisie, Nouvelle-Zelande, U Buyapani n’U Busuwisi, bemerewe kwinjira mu Bushinwa nta visa, bakahamara iminsi 30.
Kugeza mu 2023, Abanyamerika bashaka visa yo kujya mu Bushinwa basabwaga kwerekana icyemezo cy’uko bishyuye icyumba cya hoteli, gahunda y’ingendo bateganya imbere mu Bushinwa n’amatike y’indege, ariko izi ngamba zakuweho.
Kuva muri Mutarama kugeza mu Ugushyingo 2024, abanyamahanga barenga miliyoni 29 binjiye mu Bushinwa, umubare wiyongereyeho 86.2% ugereranyije n’umwaka wabanje.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!