00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwihimuye kuri Amerika yazamuye umusoro ku bicuruzwa byabwo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 April 2025 saa 10:20
Yasuwe :

Minisiteri y’Imari y’u Bushinwa yatangaje ko guhera tariki ya 10 Mata 2025, ibicuruzwa byose biva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizajya byishyurirwa umusoro wa 34%.

Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 4 Mata mu rwego rwo kwihumura kuri Amerika, na yo iherutse kuzamurira ibicuruzwa bituruka mu Bushinwa umusoro ku rugero rwa 34%.

Iyi Minisiteri yasobanuye ko icyemezo cya Amerika kinyuranyije n’amategeko agenga ubucuruzi mpuzamahanga kandi ko kibangamira uburenganzira n’inyungu z’u Bushinwa.

Iti “Igikorwa cya Amerika ntabwo cyubahiriza amategeko mpuzamahanga y’ubucuruzi, kibangamira bikomeye uburenganzira n’inyungu u Bushinwa buhabwa n’amategeko.”

Minisiteri y’Ubucuruzi y’u Bushinwa yamaze gutanga ikirego mu muryango mpuzamahanga ushinzwe ubucuruzi, WTO, kugira ngo uteshe agaciro icyemezo cya Amerika.

Iyi Minisiteri yanashyize ibigo 11 by’ubucuruzi by’Abanyamerika ku rutonde rw’ibitizewe bitewe n’uko bishinjwa kugirana ubufatanye mu bya gisirikare na Leta ya Taiwan.

Leta y’u Bushinwa kandi yashyize ibigo 16 by’Abanyamerika ku rutonde rw’ibizajya bihozwaho ijisho mu gihe byohereza ibicuruzwa i Beijing.

Amerika n'u Bushinwa biri mu ntambara y'ubucuruzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .