Ku wa 8 Mata 2025, Perezida Zelensky wa Ukraine yashyize hanze amashusho agaragaza umugabo ukomoka mu Bushinwa anahamya ko afite abantu babiri bakomoka mu Bushinwa ataye muri yombi kubera ko bari mu gisirikare cy’u Burusiya.
Zelensky yavuze ko aba bagabo b’Abashinwa bari mu gisirikare cy’u Burusiya aho barwanyaga Ukraine.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Lin Jian, mu butumwa yatangaje ku wa 9 Mata 2025, yamaganye ibyatangajwe na Perezida Zelensky avuga ko nta shingiro bifite.
Ati “U Bushinwa buhora bugira inama abaturage babwo kwirinda kujya mu ntambara zo mu mahanga mu buryo ubwo ari bwo bwose”.
Lin Jian yashimangiye ko “Imyifatire y’u Bushinwa ku bibazo by’intambara yo muri Ukraine irasobanutse kandi ntishidikanywaho, kandi byemejwe n’Umuryango Mpuzamahanga”.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!