00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwashimangiye ko kubutandukanya na Taiwan bitazashoboka

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 14 December 2024 saa 11:38
Yasuwe :

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo mu Bushinwa, Senior Colonel Wu Qian, yavuze ko bitazashoboka gutandukanye icyo gihugu, ndetse ko gifite uburenganzira bwo gukora imyitozo ya gisirikare igihe cyose babonye ari ngombwa.

Ibi bije nyuma y’uko hari abanenga imyitozo ya gisirikare y’igisirikare cy’u Bushinwa ikorerwa hafi y’ikirwa cya Taiwan, bakavuga ko bidakwiriye.

Senior Colonel Wu yavuze ko u Bushinwa bufite uburenganzira bwo gukora iyi myitozo igihe cyose bubishatse, ashimangira ko ibyo bishingira ku byo igisirikare cyifuza gukora bitewe n’igihe runaka.

Uyu muvugizi kandi yaciye amarenga ku bihugu byifuza gutandukanye u Bushinwa, ugusanga bitera inkunga Taiwan kugira ngo izabone uko ihangana n’u Bushinwa. Yashimangiye ko ibyo bitazagerwaho.

Ati "Buri gikorwa kigamije kugerageza gucamo u Bushinwa kabiri, binyuze mu kubona inkunga ziturutse mu mahanga cyangwa se hagakoreshwa imbaraga, ntabwo kizihanganirwa, nta n’ubwo kizagera ku ntego zacyo."

Inshuro nyinshi, u Bushinwa bwakunze kunenga imyitwarire ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifite gahunda yo gutera inkunga Taiwan, aho iyiha ibikoresho birimo intwaro karundura z’intambara.

Ni mu gihe Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yavuze ko kwihuza kwa Taiwan n’u Bushinwa ari ikintu kigomba kugenrwaho binyuze mu nzira zose zishoboka, zaba iz’amahoro ndetse n’imbaraga za gisirikare.

Umuvugizi wa Minisiteri y'Ingabo mu Bushinwa, Senior Colonel Wu Qian, yavuze ko bitazashoboka gutandukanya u Bushinwa, dore ko hari ibihugu bishyigikiye ko ikirwa cya Taiwan cyigenga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .