00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya: Perezida Putin yategetse ingabo ze kugaruza uduce twose twafashwe n’ingabo za Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 March 2025 saa 11:14
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yasabye ingabo ze kwisubiza ibice bya Kursk byigaruriwe n’ingabo za Ukraine muri Kanama 2024.

Perezida Putin yasuye ingabo ze ziri muri Kursk ku wa 12 Werurwe 2025, yambaye impuzankano ya gisirikare.

Putin yavuze ko abasirikare ba Ukraine bafatiwe muri Kursk bagomba gufatwa nk’abakora ibikorwa by’iterabwoba kuko nta mategeko mpuzamahanga abarengera.

Ati “Akazi dufite mu gihe gito gishoboka ni ugutsinda umwanzi winjiye mu gace ka Kursk akaba akirwanira aha, kubohora burundu agace ka Kursk no gusubiza ku murongo ibikorwa by’umupaka.”

Perezida Putin yavuze ko nibamara kwisubiza utwo duce bazahita bashyiraho umurongo ntarengwa ku mupaka.

Ubuyobozi bw’ingabo bwabwiye Putin ko bumaze kwambura ingabo za Ukraine ibice bingana na 86% by’aho zari zarigaruriye muri Ukraine.

Ku rundi ruhande ingabo za Ukraine zatangaje ko zatakaje agace ka Sudzha, ndetse intambara yari igikomeje.

U Burusiya buvuga ko igihe Ukraine yafataga Kursk yari izi ko bizatuma bureka gukomeza kurwana bukayoboka ibiganiro ariko bikaba byaranze.

Amerika imaze iminsi itangaje ko yasubukuye inkunga ya gisirikare n’ubutasi iha Ukraine, ndetse yasabye ko hashyirwaho agahenge k’iminsi 30.

U Burusiya bwo ngo burakiga ku byavuye mu biganiro hagati ya Amerika na Ukraine bunategereje amakuru arambuye buzahabwa na Amerika.

Perezida Putin yatunguranye asura ingabo yambaye impuzankano ya gisirikare, ategeka ko bagaruza uduce twose twa Kursk Ukraine yigaruriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .