Dmitriev na Witkoff muri iyi minsi bari kugira uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo by’intambara ya Ukraine, bazahura hagamijwe guteza imbere umubano w’ibihugu byombi no guhagarika iyo intambara imaze hafi imyaka itatu.
Bivugwa ko izi ntumwa z’ibi bihugu zizaganira mu mpera z’iki cyumweru.
Ku wa 02 Mata 2025, Peskov aganira n’itangazamakuru yabajijwe ku bijyanye n’uruzinduko rw’intumwa ya Putin muri Amerika, avuga ko “uruzinduko nk’urwo rurashoboka”, icyakora yirinda gutangaza byinshi kuri rwo ndetse ntiyigeze avuga itariki bizaberaho.
Gusa yashimangiye ko Amerika n’u Burusiya bikomeje kuganira mu buryo bwa dipolomasi ku kibazo cy’intambara yo muri Ukraine.
Ibi bibaye mu gihe Dmitriev, yari aherutse guca amarenga kuri X, agaragaza ko ibiganiro na Amerika bishoboka mu minsi iri mbere.
Ni mu gihe mu kwezi gushize iyi ntumwa yari yitabiriye ibiganiro by’u Burusiya na Amerika byabereye muri Arabie Saoudite, byari bigamije na none guhosha intambara yo muri Ukraine.
U Burusiya bwakunze kugaragaza ko kugira ngo intambara ya Ukraine ihagarare, hakwiye kwitabwa ku mpamvu muzi z’iyo ntambara, harimo no kwirinda ko Ukraine yajya muri OTAN kuko Moscow ibona ko byahungabanya umutekano wayo.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!