00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dmitry Medvedev wayoboye u Burusiya yise Zelensky umubeshyi

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 4 February 2025 saa 12:08
Yasuwe :

Dmitry Medvedev, wigeze kuyobora u Burusiya yise Perezida wa Ukraine Volodimir Zelensky umubeshyi nyuma y’uko aherutse guhakana ko inkunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahaye igihugu cye mu ntambara ahanganyemo n’u Burusiya zitagera kuri miliyari 200$ ndetse atazi n’icyo zakoze.

Medvedev usigaye ari Umuyobozi Wungirje w’Akanama gashinzwe Umutekano mu Burusiya yavuze ko Zelensky abeshya ndetse amushinja we na bagenzi be bafatanyje kuyobora ko bakoresheje inkunga bahawe nabi.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Telegram, kuri 3 Gashyantare 2025, Medvedev yagize ati “ Zelensky na bagenzi be biyemereye n’umutima mwiza ko bakiriye arenga miliyari 100 z’Amadolari.”

Ku wa 2 Gashyantare 2025, Perezida Zelensky yahakanye inkunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahaye igihugu cye mu ntambara ahanganyemo n’u Burusiya guhera 2022, avuga ko amafaranga yakiriye ari miliyari 75 $ gusa ndetse n’ubundi bufasha mu bya gisirikare ariko atagera kuri miliyari 200$ nk’uko byatangajwe na Donald Trump.

Bivugwa ko ubutegetsi bwa Joe Biden bwahaye Ukraine arenga miliyari 200$, gusa Zelensky we yakomeje kubitera utwatsi avuga ko batigeze bakira amafaranga angana gutyo.

Medvedev yavuze ko ayo mafaranga yose yatanzwe yari kugirira akamaro abaturage bo muri Ukriane na Amerika, ariko bakaba barahisemo kuyashora mu kugura intwaro ziri gukoreshwa mu ntambara.

Dmitry Medvedev yavuze ko Perezida Zelensky abeshya ahubwo yakoresheje inkunga nabi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .