00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwashinje Ukraine kwanga guhererekanya imfungwa z’intambara

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 June 2025 saa 06:06
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yatangaje ko bahaye Ukraine amazina 640 y’imfungwa z’intambara bifuza ko bahererekanya ariko iki gihugu bihanganye mu ntambara giterera agati mu ryinyo.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Burusiya, Lt. Gen. Alexander Zorin, yatangaje ko ibikorwa byo guhererekanya imfungwa z’intambara bizaba birimo no gucyura imirambo 6000 y’abanya-Ukraine baguye ku rugamba.

Itangazo yasohoye ku wa 7 Kamena 2025 rigaragaza ko Ukraine itigeze itangaza igihe ihererekanywa ry’imfungwa z’intambara rizabera.

Amasezerano impande zombi ziheruka kugirana ateganya ko baherekanya abakomeretse, abarwaye bikomeye n’abafite imyaka iri munsi ya 25.

Lt. Gen. Zorin wari mu itsinda rya mu biganiro muri Turikiya yavuze ko ku wa gatanu bohereje imodoka zitwaye imibiri y’abasirikare 1212, bayigeza ahagomba kubera ihererekanywa, ndetse hari andi matsinda ane y’imodoka ziteguye gutwara abandi, buri cyiciro kirimo abarenga 1200.

U Burusiya bwavuze ko bwagejeje imfungwa z'intambara aho bazihererekanyiriza Ukraine igaterera agati mu ryinyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .