00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwashinje Ukraine igitero cy’iterabwoba

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 March 2025 saa 05:40
Yasuwe :

U Burusiya bwatangaje ko igitero Ukraine yagabye kuri station ya gaz mu gace ka Sudzha ku wa Kane tariki 20 Werurwe 2025, kiri mu murongo w’iterabwoba.

Komisiyo ishinzwe iperereza yashyizwe n’u Burusiya kuri iki kibazo yatangaje ko “ku wa Kane, abasirikare ba Ukraine binjiye ku butaka bw’u Burusiya mu buryo butemewe n’amategeko, barasa iyi station ya gaz, ibintu byatumye yangirika.”

Iyi komisiyo yavuze ko iki gikorwa kiri mu murongo w’ibyaha bishingiye ku iterabwoba kuko cyibasira ibikorwaremezo bya gisivile.

U Burusiya bwatangaje ko abagabye iki gitero bagomba gukurikiranwa ndetse bakagezwa imbere y’ubutabera kubera iki cyaha cy’iterabwoba.

Iyi station yagabweho igitero iherereye mu gace ka Kursk. Yakoreshwaga mu kohereza gaz iva mu Burusiya igana hirya no hino ku Mugabane w’i Burayi.

Ukraine yagabye iki gitero mu gihe Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo intambara yo muri Ukraine ihagarare.

U Burusiya bwashinje Ukraine igitero cy’iterabwoba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .