00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burusiya bwasabye Elon Musk ubufatanye mu bushakashatsi kuri Mars

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 March 2025 saa 02:28
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ikigega cy’Ubukungu cy’u Burusiya, Kirill Dmitriev, yasabye umuherwe Elon Musk wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubufatanye mu gukora ubushakashatsi ku Mubumbe wa Mars.

Yatanze iki cyifuzo nyuma y’aho ku wa 15 Werurwe 2025 Musk atangaje ko mu mwaka utaha, ikigo SpaceX kizohereza kuri uyu mubumbe icyogajuru cya Starship kizaba kirimo irobo rya Optimus yubatse nk’umuntu.

Yagize ati “Mu mpera z’umwaka utaha, Starship izajya kuri Mars itwaye Optimus. Nigerayo neza, koherezayo abantu bizatangira nko mu 2029 nubwo mu 2031 ari ho hashoboka cyane.”

Dmitriev yamenyesheje Musk ko muri uyu mwaka, u Burusiya na Amerika byizihiza imyaka 50 ishize byohereje mu isanzure icyogajuru mu isanzure, mu butumwa bwahawe izina “Apollo-Soyuz”.

Ati “Ese umwaka wa 2029 ntiwaba uwa misiyo ihuriweho ya Amerika n’u Burusiya kuri Mars Elon Musk? Ibitekerezo n’ikoranabuhanga ryacu rikwiye gukorera mu gaciro k’ikiremwamuntu, aho kucyangiza.”

Dmitriev ni umwe mu ntumwa z’u Burusiya zahuriye n’iza Amerika muri Arabie Saoudite muri Gashyantare 2025, mu biganiro byanzuriwemo gusubukura ubufatanye mu by’ubukungu na dipolomasi, no gukemura amakimbirane y’u Burusiya na Ukraine.

Krill Dmitriev yasabye Elon Musk ubufatanye mu bushakashatsi bwo kuri Mars

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .